ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, May 10, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

UMUHANZI KIVUMBI KING AGIYE KONGERA GUTARAMIRA ABANYARWANDA BATUYE MURI POLONYE

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
August 6, 2024
0
7
VIEWS

Polonye  ni kimwe mu bihugu byo k’umugabane w’u Burayi gifite urubyiruko rwinshi rw’abanyarwanda, aho usanga abenshi barajyanwe no kwiga abandi bakaba bahatuye ku mpamvu z’akazi, ariko umubare munini ugasanga ni urubyiruko.

Umuryango w’abanyarwanda batuye muri  Polonye ubusanzwe bahuzwa n’ibikorwa byinshi bitandukanye harimo iby’myidagaduro, amasengesho ndetse n’ibindi biba byateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu.

Imyidagaduro ni kimwe mu bikorwa byitabirwa cyane bitewe n’uko umubare munini w’abanyarwanda batuye muri iki gihugu ugizwe ahanini  n’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35, bakaba rero akenshi bahuzwa n’imyidagaduro itandukanye irimo ibitaramo, usanga rimwe na rimwe biba byateguwe n’itsinda rya bamwe mubagize iyi kominote ryitwa KIFF Entertainment.

Ngabo Fiston aka DJ LEXX LEXX

KIFF Entertainment ni itsinda ry’urubyiruko rw’abanyarwanda batuye muri Polonye bishyize hamwe, rikaba ryaratangijwe na Ngabo Fiston, uzwi cyane kw’izina rya DJ LEXX LEXX, mu buzima busanzwe akaba akora akazi ko kuvanga imiziki (DJ) akaba ari nawe uhagarariye iri tsinda.
Abifashijwemo na bagenzi be, bakaba baratangiye kujya bategura ibitaramo bakazana abahanzi b’abanyarwanda gukorera ibitaramo muri iki gihugu. Kugeza ubu bimwe mu bitaramo byagiye byitabirwa n’umubare munini w’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga; harimo igitaramo cy’umuhanzi Kivumbi King yakoreye mu mujyi mukuru wa Polonye, Warsaw, mu myaka ibiri ishize, uyu muhanzi ndetse kandi akaba ategerejwe muri iki gihugu mu  kindi gitaramo giteganyijwe kuya 28 Kamena uyu mwaka. Usibye kandi umuhanzi Kivumbi King, abandi bahanzi bakoreye ibitarimo muri Polonye bikitabirwa n’abanyarwanda benshi harimo; DAVIS D, DJ PIUS , ndetse  hari n’igitaramo cya Bruce Melodie cyari giteganyijwe ku italiki 15 Kamena 2024 ariko kikaba kitarabashije kuba kubw’impamvu bivugwa ko zatunguranye.

Igitaramo cya Kivumbi King giteganyijwe  kuya 28 Kamena 2024, kikaba kizabera mu mujyi mukuru Warsaw ahitwa LOFT 44, akaba azafatanya n’abandi ba shyushya rugamba barimo DJ Lexx Lexx, Selecta Mauriceh wo mu gihugu cy’Ububiligi ndetse na Dj Kstar guturuka muri Kenya. Hakaba hitezwe ko iki gitaramo kizitabirwa n’umubare utari muto w’abatuye muri Polonye ndetse no mu nkengero zayo.

Iki ni kimwe mu bigize ibitaramo Kivumbi King amaze iminsi ari gukorera ku mugabane w’uBurayi mu rwego rwo kwamamaza Album yiwe nshya yise “Ganza”.
Kivumbi King ni umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bamaze kugera k’urwego rushimishije abifashijwemo nibihangano bye dore ko amaze kwigarurira imitima ya benshi. Zimwe mu ndirimbo ze zamenyekanye cyane harimo nka  Keza, Sabrina yakoranye na Mike Kayihura, Yalampaye yakoranye na Kirikou Akili wo mu gihugu cy’ U Burundi, Captain yakoranye na Apass wo mu gihugu cya Uganda, n,izindi nyinshi.

 

 

Previous Post

Abayobozi b’Ambasade y’u Rwanda muri Amerika bagiranye ibiganiro n’igisirikare cya Leta ya Nebraska

Next Post

GANZA ALBUM TOUR: KIVUMBI KING IS SET TO ENERGIZE WARSAW AGAIN THIS COMING WEEKEND

Related Posts

ENG-S

Rwandan Diaspora Embraces New Banking Opportunities with Equity Bank

by Rebe N. Immaculee
October 9, 2024
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka
Ahabanza

Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka

by Rebe N. Immaculee
September 17, 2024
Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye
Ahabanza

Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye

by Rebe N. Immaculee
September 16, 2024
Next Post
UMUHANZI KIVUMBI KING AGIYE KONGERA GUTARAMIRA ABANYARWANDA BATUYE MURI POLONYE

GANZA ALBUM TOUR: KIVUMBI KING IS SET TO ENERGIZE WARSAW AGAIN THIS COMING WEEKEND

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Rwanda in Warsaw took part in a major annual event organized by SHOM International Charity Bazaar 2022

SHOM INTERNATIONAL CHARITY BAZAAR IN WARSAW: DIPLOMATIC EXPO UNDER THE PATRONAGE OF THE POLISH FIRST LADY

August 6, 2024
Rwanda in Warsaw took part in a major annual event organized by SHOM International Charity Bazaar 2022

POLONYE:  Abagore ba ba Ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo muri Polonye ku nshuro ya 16 mu gikorwa ngarukamwaka cyitwa International Charity Bazaar. Ibyo wamenya kuri  iki gikorwa.

December 2, 2023
U Rwanda n’ibindi bihugu 50 byateguye imurikagurisha ryitabiriwe n’umugore wa Perezida wa Pologne

U Rwanda n’ibindi bihugu 50 byateguye imurikagurisha ryitabiriwe n’umugore wa Perezida wa Pologne

December 3, 2023

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.